Uru rubuga ruri kuvugururwa rushyirwa ku gihe, Mwihanganire impunduka zishobora kugaragara mu gihe byose bitaranoga neza

Amakuru

RDF yasobanuye iby’umusirikare w’u Rwanda wibeshye akinjira ku butaka bwa Congo

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasohoye itangazo busobanura uko byagenze kuri uyu wa Mbere, ubwo ingabo z’u Rwanda zibeshyaga zikurikiranye bamwe mu bari batwaye ibicuruzwa bya magendu, umwe akisanga ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko “Tariki 18 Ukwakira 2021, inzego z’umutekano z’u Rwanda zakurikiranye abatwara magendu bari bambutse umupaka ugabanya u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Kagali ka Hehu, Umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu.”

Rikomeze rigira riti “Inzego z’umutekano z’u Rwanda zaribeshye zambuka metero nke zigana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikurikiye abatwaye magendu bari bahetse imitwaro itaramenyekanye ndetse bishoboka ko bari bitwaje intwaro.”

RDF yijeje ko isanganywe umubano mwiza n’igisirikare cya RDC (FARDC) kandi bakomeje gufatanya ku bibazo bijyanye n’umutekano w’ibihugu byombi.

Reba ibindi..

Inkuru Bijyanye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button